Police FC yakuye amanota atatu kuri Rwamagana City yiyushye akuya

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Police FC yatsinze bigoranye Rwamagana City FC igitego 1-0, mu mukino amakipe yombi yari yahuriyemo kuri uyu wa Gatanu.

Iyi kipe ya Polisi y’u Rwanda yari yakiriye Rwamagana kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mu mukino w’umunsi wa karindwi wa shampiyona.

Ni umukino Police FC ya Mashami Vincent yaremyemo uburyo bwinshi bw’ibitego; gusa igorwa no kububyaza umusaruro.

Igitego rukumbi cyo ku munota wa 63 w’umukino cya Ntirushwa AimĂ© ni cyo cyatandukanyije amakipe yombi. Ni ku ishoti riremereye uyu musore wahoze akinira AS Muhanga yarekuriye inyuma y’urubuga rw’amahina; mbere y’uko umupira uruhukira mu izamu ry’umunyezamu Pacifique washatse kuwukuramo ukamurusha imbaraga.

Police FC yatangiye shampiyona itsindwa imikino itatu ya mbere kuri ubu imaze imikino ine yikurikiranya idatsindwa; dore ko yatsinzemo itatu ikanganya umwe.

Iyi kipe kuri ubu iri ku mwanya wa gatandatu n’amanota 10 inganya n’amakipe ya Gasogi United na APR FC ayiri imbere, n’ubwo yo amaze gukina imikino itanu yonyine.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *