PSG yahaye FC Barcelona amahirwe yo kwisubiza Neymar ku giciro gito

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya FC Barcelona yo mu gihgu cya Espagne yahawe amahiwre na PSG yo kwisubiza umunya-Brésil Neymar Jr kuri miliyoni 50 z’ama-Euro, mu gihe yamuguze agera kuri miliyoni 222 z’amayero ubwo yavaga muri iyi kipe.

Neymar umaze imyaka 5 ageze mu ikipe ya PSG yo mu Bufaransa, n’ubwo ataragera ku musozo w’amasezerano ye muri PSG iyi ishaka kumugurisha ku buryo yiteguye kuganira n’Ikipe iyo ariyo yose imwifuza.

Ikinyamakuru SPORT cy’i Catalunya cyanditse ko FC Barcelona iri mu makipe yahawe amahirwe yo kumwisubiza kuri miliyoni 50 z’ama-Euro.

Neymar w’imyaka 30 na we ubwe ashaka kuva muri iyi kipe, gusa ngo akagenda ari uko asubiye mu ikipe ya FC Barcelona.

Cyakora cyo n’ubwo Barça yahawe amahirwe yo gusinyisha uyu mukinnyi, ngo bisa n’ibigoranye kuba yamubona ku mpamvu zo kuba imaze igihe yugarijwe n’ikibazo cy’amikoro, ikindi ikaba irajwe ishinga no kureba uko yabona abakinnyi barimo Robert Lewandowski, Bernardo Silva na Raphinha.

Neymar ahembwa byibura ibihumbi 596 by’ama-Pound, umushahara FC Barcelona bigoranye ko yamubonera.

Uyu musore byibura yabashije gutsinda ibitego 13 mu mikino 22 yabashije gukinira ikipe ya PSG muri shampiyona iyi kipe yanatwaye, gusa uyu mukinnyi yanagize ikiibazo cy’imvune y’ivi hagati y’ukewezi ku Kuboza na Gashyantare cyatumye atitwara neza uko bikwiye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *