Rafael Nadal watangirane imvune amarushanwa ya Tennis akomeje kubera i Rio, ashingiye ku mikinire yagaragaje yanahise imwinjiza mu kiciro cya kabiri ubwo yasezereraga Gilles Simon,Thomas Belluci na David Goffin yeruriye itangazamakuru ko bimuha ikizere cyo kuzegukana umudali wa Zahabu.
Nadal atangaje ibi nyuma y’aho atsinze mu mikino 3 ya Tennis mu bagabo yikurikiranya na mugenzi we bakomezanyije mu cyiciro cya Kabiri cy’irushanwa.
Rafael Nadal aramutse yegukanye uyu mudali w’iri rushanwa waba ubaye uwa 3, nyuma y’uwo aheruka gutsindira mu Bushinwa muri 2008.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Kugenda hahuzwa aya makipe y’abakinnyi ba Tennis bije kuva aho hagaragaye amakipe 16 arikubarizwa muri iri rushanwa Rafael Nadal na Muguruza Garbine bashyizwe mu ikipe imwe ya 4,bikazamufasha kuzegukana umudakli wa Zahabu nk’igihembo nyamukuru cy’iri rushanwa.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
MUREGO Anatty@Bwiza.com



