Rutahizamu w’ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza ndetse akaba n’umukinnyi w’ikipe y’iki gihugu Raheem Sterling, kugeza ubu ahaza he ntiharamenyekana nyuma y’amakuru avuga ko agomba kuva muri iyi kipe akerekeza ahandi dore, ko hari amakipe menshi amushaka arimo Arsenal.
Sterling biteganyijwe ko amasezerano ye muri Manchester City azarangira mu mpeshyi y’uyu mwaka, gusa kugeza ubu ntabwo arerura ngo agaragaze aho azerekeza mbere y’imikino y’ibihugu yo ku mugabane w’u Burayi iteganyijwe mu kwezi kwa Kamena.
Amakuru avuga ko amakipe atari make akomeje kumwirukaho arimo nka Arsenl, AC Milan ndetse n’ikipe ya Tottenham.
Arsenal y’umutoza Mikel Arteta wanamutoje ari umutoza wungirije muri Manchester City mu gihe cy’imyaka 3 ubwo yari yungirinje umunya-Espagne mwene wabo Pep Guardiola, ihabwa amahirwe yo kumwegukana; nubwo na Tottehnam na yo itarakurayo amaso kuko uyu mukinnyi akunda imitoreze y’umutoza Antonio Conte utoza iyi kipe.
Ngo kuba uyu mukinnyi yarabanje mu kibuga asimbuye mu mikino ibiri yose ya ½ cy’irangiza cya UEFA Champions League ubwo basezerarwaga na Real Madrid, yabifashe nk’ikibazo agomba kwitaho.
Uyu mukinnyi cyakora cyo n’ubwo yashakaga kongera amasezerano Manchester City, ngo bishobora kudakunda kuko bigendanye no kuba atizeye kuba yabona umwanya uhoraho wo gukina, nkuko inkuru y’ikinyamakuru The Athletic ikomeza ivuga.
Sterling w’imyaka 27 nibura yabashije gutsinda ibitego 17 anatanga imipira 8 yavuyemo ibitego muri uyu mwaka w’imikino, ndetse Manchester City niyo ifite amahirwe menshi yo gutwara igikombe cya Premier League.
Uyu mukinnyi wanakiye ikipe ya Liverpol mbere yo kuza muri Manchester City, yafahije kandi ikipe y’igihugu y’Ubwongereza kugera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Uburayi mu mu mpeshyi ishize, ngo nta biganiro aragirana n’ikipe ya Manchester City ku hazaza he, bijyanye no kuba ashishikajwe no gutwara igikombe cya Premier League hanyuma n’imikno ikipe y’igihugu y’Ubwongereza ifite mu minsi iri imbere.


