Raporo: Abatunzi ba miliyoni zirenga 100 z’amadolari mu Rwanda baziyongera kuri 70% mu myaka 10

Sangiza iyi nkuru

Raporo nshya y’ibigo New World Wealth na Henley & Partners yerekana ko umubare w’abatunzi ba miliyoni zirenga 100 z’amadolari ya Amerika mu Rwanda ugana ku kwiyongera ku kigero cya 70% kugeza mu mwaka w’2032.

Ibi bigo bikora ubushashatsi ku bukungu bw’Isi byagaragaje ko u Rwanda ari cyo gihugu kiri mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) kizagira ubwiyongere bw’aba batunzi buri hejuru y’ubw’ibindi.

Byagaragaje ko Uganda ari igihugu cya kabiri muri aka karere kizagira ubwiyongere bwinshi bw’abatunze amagana ya miliyoni z’amadolari, buri ku kigero cya 65%.

Iyi raporo igaragaza ko Kenya nk’igihugu gisanzwe gifite umubare munini w’abatunze miliyoni z’amadolari nyinshi mu karere no ku mugabane wa Afurika, yo izagira ubwiyongere bw’abatunze izibarirwa mu magana ku kigero cya 55%.

Gusa ngo n’ubwo Kenya isanzwe iri imbere mu bukungu muri aka karere, izaza ku mwanya wa gatatu mu bwiyongere bw’abatunze miliyoni zirenga 100 z’amadolari, izakomeza kuba igihugu gihanga ubutunzi kurusha ibindi.

Ikigo New World Wealth na Henley & Partners, nk’uko ikinyamakuru The East African kibivuga, bisobanura ko Kenya izakomeza guhanga ubutunzi ibikesha ibikorwa byayo birimo amahoteli agezweho ndetse n’itangazamakuru riteye imbere kandi ryisanzura, risanzwe rigira uruhare mu byemezo bifatwa mu rwego rw’ishoramari.

Iyi raporo igaragaza ko ku mugabane wa Afurika, ibirwa bya Maurice ari byo bizagirwa ubwiyongere buri hejuru cyane, buri ku kigero cya 75%. Urutonde rw’Isi ngo ruzayoborwa na Vietnam ku kigero cya 95%, u Buhinde bukurikireho kuri 80%.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *