egypt-2.jpg

Raporo: Bimwe mu bisirikare bikomeye muri Afurika byasubiye inyuma

Sangiza iyi nkuru

Raporo nshya ya Global Fire Index itegurwa n’urubuga rwa Global Firepower igaragaza ko bimwe mu bisirikare bikomeye muri Afurika byasubiye inyuma mu mwaka w’2020, ugereranyije n’uko byari bihagaze mu mwaka w’2019.

Nk’uko bisanzwe, Global Firepower itegura itegura iyi raporo kuri buri mwaka ushize, ikayisohora mu ntangiriro z’undi mwaka. Igaragaza ubushobozi butandukanye bw’ibisirikare by’ibihugu birenga 130 ku Isi, iba yarashoboye kubonera amakuru.

Ishingira ahanini ku ngengo y’imari iba yarashowe mu gisirikare, ibikoresho cyunguste cyane cyane Intwaro z’ubwoko butandukanye, umubare w’abasirikare igihugu gifite, imibereho y’abasirikare n’ibindi.

Iyasohotse mu ntangiriro z’uyu mwaka (2021) igaragaza ugusubira inyuma kwa bimwe mu bisirikare byo kuri uyu mugabane aho nk’icya Misiri kiri ku mwanya wa 1 muri Afurika, cyasubiye inyuma ho imyanya 4 ku rwego rw’Isi, ubu kikaba kiri ku mwanya wa 13, kivuye ku wa 9.

egypt-2.jpgIgisirikare cya Misiri cyasubiye inyuma ku rutonde rw’Isi

Bigaragara ko n’igisirikare cya Afurika y’Epfo cya gatatu mu bikomeye muri Afurika, nacyo yasubiye inyuma ho imyanya 3 kuko ubu kiri ku wa 32, cyaravuye ku wa 29 ku Isi.

south.jpg Igisirikare cya Afurika y’Epfo cyasubiye imyanya inyyuma itatu

Igisirikare cya Angola kiri ku mwanya wa gatanu muri Afurika, nacyo cyasubiye inyuma ho imyanya 10 kuko muri raporo ya 2020, cyari ku mwanya wa 56, ubu kikaba kiri ku wa 66.

Igisirikare cya Sudani kiri ku mwanya wa 8 muri Afurika, cyo cyasubiye inyuma ho umwanya umwe. Muri raporo yo mu 2020, cyari ku mwanya wa 76, ubu kiri ku wa 77.

Ikindi gisirikare cyasubiye inyuma ni icya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kiri ku mwanya wa 9 muri Afurika. Cyasubiye inyuma ho imyanya 10 kuko muri raporo yo mu 2020, cyari ku mwanya wa 71, ubu kikaba kiri ku wa 81.

Ni mu gihe kandi hari ibisirikare by’ibihugu bine muri Afurika byazamutse ku rutonde rw’Isi. Ibyo ni:

Icya Algeria kiri ku mwanya wa kabiri muri Afurika, cyavuye ku mwanya wa 28, kikaza ku mwanya wa 27 muri raporo nshya ya Global Firepower.

algeria-2.jpg Igiisirikare cya Algeria cyazamutseho umwanya 1

Icya Nigeria kiri ku mwanya wa kane muri Afurika, nacyo cyazamutseho imyanya 7. Ubu kiri ku mwanya wa 35, cyagezeho kivuye ku wa 42.

niger-2.jpgIcya Nigeria cyazamutseho imyanya 7

Igisirikare cya Libya kiri ku mwanya wa 6 muri Afurika, cyazamutseho imyanya 10 ku rwego rw’Isi. Ubu kiri ku mwanya wa 70, cyagezeho kivuye ku wa 80.

Igisirikare cya Tunisia kiri ku mwanya wa 7 muri Afurika, cyazamutseho imyanya 8. Ubu kiri ku mwanya wa 73, cyagezeho kivuye ku wa 81.

Igisirikare kitigeze gisubira inyuma cyangwa ngo kijye imbere ni icya Kenya kiri ku mwanya wa 10 muri Afurika ubu ngubu. Cyagumye ku mwanya wa 83.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *