Rayon Sport yaba yaguye ahashashe ku ikipe bigiye guhura mu marushanwa ya CAF Confederation Cup

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa 21 Ukuboza 2016, ikipe ya Rayon Sport izanaserukira igihugu mu marushanwa nyafurika y’amaclub yamaze kumenya iyo bizahura bwa mbere mu irushanwa ndetse n’aho imikino izabera.
Mu gikorwa cyo gutombora amakipe azahura muri 1/8 muri iri rushanwa mu gihugu cya Maroc, ikipe ya Rayon Sport yatomboye ikipe ya Sudani y’Epfo ya AL Salaam Wau.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iyi kipe izahura na Rayon Sport mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ryo muri 2011-2012, iyi kipe yatsinzwe na APR Fc ibitego 7-0, itsindwa na Young African ya Tanzania 7-0 na none, ndetse irongera itsindwa na Atletico y’u Burundi 5-0 kuri ubu ikaba igiye guhura na Rayon Sport muri iri rushanwa iriya kipe initabiriye bwa mbere.
Nk’uko byatangajwe ku rubuga rw’ikipe ya Rayon Sport ngo umukino wa mbere w’aya makipe uzabera muri Sudani y’Epfo, uwo kwishyura ukazabera I Kigali mu Rwanda ariko itariki yo gukina ikaba itaratangazwa neza.
shoot-ya-sayon
Dore uko aya makipe yagiye atomborana
urutonde
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@BWiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *