Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusoza isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi nyuma yo gukomorerwa na FIFA, nyuma y’igihe kinini yari imaze itemererwa gusinyisha abakinnyi bashya kubera kutishyura umutoza Haringingo Christian.
Kuri uyu munsi, tariki ya 31 Mutarama 2025, ni bwo Rayon Sports yahawe uburenganzira bwo kongera kugura no gusinyisha abakinnyi.
Biteganyijwe ko isoko ry’igura n’igurisha mu Rwanda riza gufunga saa 22:00 zo kuri uyu wa Gatanu.
Mbere y’uko isoko rufunga, Rayon Sports yahise yinjiza abakinnyi bashya bagera kuri batandatu.
Mu masaha ya nyuma y’isoko, Rayon Sports yaguze abakinnyi bane, bashya bashobora gutanga umusanzu mu mikino yo kwishyura ya shampiyona. Abo bakinnyi ni aba bakurikira:
1. Biramahire Abedy Rutahizamu uzwi mu Rwanda, witezweho kongera imbaraga mu busatirizi bw’iyi kipe
2. Souleymane Daffé (Mali) – Uyu mukinnyi yasinye amasezerano ye ari hanze y’igihugu.
3. Assana Nah Innocent (Cameroun) Myugariro ukomoka muri Cameroun, uzafasha Rayon Sports mu bwugarizi.
4. Adulai Jalo (Guinea-Bissau) – Uyu mukinnyi na we yitezweho kongera imbaraga mu kibuga hagati.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwakoze iyo bwabaga kugira ngo bubone aba bakinnyi mbere y’uko isoko rifunga, mu rwego rwo gukomeza guhatanira igikombe cya shampiyona.
Iyi kipe yambara ubururu n’umweru igomba guhita yitegura imikino ikomeye iri imbere, aho abafana bayo bategerezanyije amatsiko uko aba bakinnyi bashya bazitwara mu kibuga.



