Urubanza rwa Vital Kamerhe ruzakomeza kuri uyu wa gatatu. Birashoboka ko ari cyo gihe kugirango umuyobozi w’ishyaka Union pour la nation congolaise (UNC) yongere kwidegembya.
Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 11 Gicurasi 2022, biteganyijwe ko Vital Kamerhe azitaba abacamanza kugira ngo hasubukurwe urubanza rwe, nyuma y’aho Urukiko rusesa imanza rutesheje agaciro igihano yari yahawe rugategeka ko urubanza rwe rusubirwamo.
Yakatiwe igifungo cy’imyaka 20 ku rwego rwa mbere, muri Kamena 2020, uyu wahoze ari umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida Félix Tshisekedi yabanje kubona igihano cye kigabanywa kugeza ku myaka 13 mu bujurire, muri Kamena 2021.
Ntabwo banyuzwe kuko ubwunganizi bwa Vital Kamerhe bwagejeje ikirego mu rukiko rusesa imanza rwatanze umwanzuro ku wa mbere itariki 11 Mata 2022 nk’uko iyi nkuru dukesha Mediacongo.net ivuga.
Icyemezo cy’Urukiko rw’Ubujurire cyateshejwe agaciro maze urubanza ruhabwa abacamanza bashya kugira ngo rusubirwemo mu mizi. Urukiko rusesa imanza rwashingiye icyemezo cyarwo ku kuba umucamanza w’ubujurire “yararenze ku burenganzira bwa Kamerhe bwo kwiregura”.
Icyumweru kimwe nyuma y’iki cyemezo cy’urukiko rusesa imanza, Vital Kamerhe, wari mu Bufaransa kuva muri Mutarama kubera impamvu z’uburwayi, yagarutse ku butaka bwa Congo.
Isubukurwa ry’uru rubanza rishobora gutuma amaherezo ukuri kumenyekana kuri uru rubanza, mu iburanishwa ryarwo, hagiye humvikana abavuga ko rushingiye kuri politiki aho kuba ubutabera.


