RDC: Abakozi bo ku mupaka bahagaritswe bazira umuntu baretse akinjira mu gihugu

Sangiza iyi nkuru

Abakozi 6 b’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka mu mujyi wa Goma ho muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bamaze icyumweru bahagaritswe ku kazi bazira kuba bararetse, Ida Sawyer, umushakashatsi n’umuyobozi wa HRW muri Afurika yo hagati, akinjira ku butaka bwa Congo mu gihe yari yarabwiwe ko atemerewe kongera gukandagiza ikirenge ku butaka bwa Congo (persona non grata) na guverinoma y’iki gihugu muri Kanama umwaka ushize.

Abakozi bahagaritswe harimo umuyobozi w’ibiro ushinzwe ibikorwa, umwungirije ushinzwe ubuyobozi, umupolisi n’umukozi wari ushinzwe ikoranabuhanga, bose bakaba barakoreraga ku mupaka wa Congo n’u Rwanda uzwi nka Grande barriere. Abandi bahagaritswe harimo umuyobozi wa division ya polisi ishinzwe abanyamahanga.

Uyu muyobozi wa Human Right Watch muri Afurika yari afite visa yo kumara amezi 3 ashobora kwinjira inshuro ashatse yabonye kuwa 05 Mutarama ayikuye muri ambasade ya Congo mu Bubiligi nk’uko itangazao HRW yashyize ahagaragara rivuga.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Amakuru aturuka mu bantu begereye uru rwego rushinzwe abinjira n’abasohoka akaba avuga ko umwe mu bayobozi barwo muri Kivu y’Amajyaruguru ngo akaba yararetse uyu mugore akinjira muri Congo agendeye ku kuba ambasade y’igihugu cye yari yamuhaye visa nk’uko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Naho uwo mukozi ushinzwe ikoranabuhanga we ngo ashinjwa kuba yarahanaguye izina rya Sawyer ku rutonde rw’abantu badakenewe muri iki gihugu cya Congo mu nyandiko z’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka.

Tubibutse ko Ida Sawyer aherutse kwirukanwa I Goma na none kuwa 20 Muatarama agaherekezwa kugeza ku mupaka w’u Rwanda, abayobozi ba Congo bakaba bari banze kongera kumuha visa muri Kanama umwaka ushize.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *