RDC: Abandi bagororwa 119 batorotse Gereza ya Kabinda

Sangiza iyi nkuru

Abagororwa 119 muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo batorotse Gereza ya Kabinda iherereye mu Ntara ya Lomami mu mpera z’icyumweru gishize nk’uko amakuru aturuka aha avuga. Ni nyuma y’aho kuva muri Gicurasi muri iki gihugu hagiye havugwa gutoroka kw’abagororwa muri gereza zitandukanye

Nk’uko byemejwe n’umuyobozi w’iyi gereza, Nyongoli Mutanade, ngo mbere yo gutoroka kuri iki Cyumweru gishize, Gereza ya Kabinda yari irimo abagororwa 124 barimo 32 bari barakatiwe, ariko ngo nyuma yo kuyitoroka hasigayemo batanu batatorotse.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Iyi nkuru dukesha Radio Okapi irakomeza ivuga ko abagororwa 119 bacunze abacungagereza babiri bavuye ku kazi, bagahita batera abandi bapolisi babiri bari basigaye mbere yo gucika.

Mu gatsiko k’abagororwa batorotse, bane ngo baragaruwe, mu gihe inzego z’umutekano zikomeje gushakisha abandi.

Umuyobozi wa Gereza ya Kabinda yemeza ko iyi gereza idafite umutekano uhagije, agasaba ko hakongerwa abapolisi, ndetse agasaba ko inyubako zavugururwa kuko zangiritse cyane.

Itoroka ry’amagereza rikaba rikomeje kwigaragaza muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, aho ku ikubitiro muri Gicurasi abagororwa basaga 4,000 batorotse Gereza ya makala I Kinshasa, nyuma y’iminsi mikeya hagatoroka abandi hafi 70 muri Gereza ya Kasangulu.
 
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *