260604-img-ebola-rdc-congo

RDC: Abantu 12 bakize ubwoko bushya bwa Ebola

Sangiza iyi nkuru

Abayobozi mu nzego z’ubuvuzi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) batangaje ko abantu 12 bakize ubwoko bushya bwa Ebola buzwi nka Bundibugyo, ariko ko abarwayi 283 bakirimo kwitabwaho mu turere 25 tw’ubuvuzi two mu ntara za Kivu zombi na Ituri.

Ibizamini bya laboratwari byagaragaje ko ibipimo 515 ( abantu 515 ) byagaragayemo Ebola kuva iki cyorezo gitangajwe, abantu 91 bakaba bamaze guhitana nacyo. Ibikorwa byo guhangana n’iki kiza ubu biri mu cyumweru cya kane.

Mu mpera y’icyumweru gishize, ikibuga cy’indege cya Bunia, mu murwa mukuru wa Ituri, cyongeye gufungwa ku ngendo z’indege za gisivile nyuma y’akanya gato cyari kimaze cyongeye gufungurwa.

Ubutegetsi bushya bwa gisirikare bwashyizweho muri iyo ntara, bwagabanyije ingendo, zemererwa gusa abakozi bakora ubutabazi hamwe n’amatsinda y’abahanganye na Ebola, mu rwego rwo guhashya ikwirakwira ry’iyi virusi.

Iki ni ikiza cya 17 cya Ebola cyibasiye DRC. Mu kwirinda ko habaho kwisubiramo kw’ibyabaye mu cyorezo cyabaye kuva mu 2018 kugeza mu 2020, cyishe abantu barenga 2,000, ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima n’ikigo cy’Afurika cyo kurwanya no gukumira indwara, Africa CDC, byatangaje gahunda ya miliyoni 518 z’amadolari y’Amerika (arenga miliyari 750 FRW) yo guhangana na Ebola, iyo gahunda ikaba izageza mu Gushyingo uyu mwaka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *