Abantu 6 barimo abasirikare 2 bo mu gisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo baguye mu mirwano yabahuje n’agatsiko k’abarwanyi bitwaje intwaro mu mpera z’icyumweru gishize.
Ijwi ry’Afurika dukesha iyi nkuru kivuga ko iyi mirwano yabereye mu ntara ya kivu ya Ruguru ku munsi wok u Cyumweru, abantu bitwaje intwaro bakaba bararasanye n’igisirikare cy’igihugu, ku ruhande rw’abo barwanyi hagapfamo abagera kuri 4.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Igisirikare cya leta ya Congo cyemeje ayo makuru, ndetse gitangaza ko uko kurasana kwabereye hafi y’agace ka Beni ahasanzwe hakunze kubera ibikorwa by’ubwicanyi, hakaba hakekwa ko abarwanyi ba Mai Mai ari bo bagabye igitero ku birindiro by’igisirikare cya leta aba barwanyi bakaba barwanirira abo mu bwoko bw’aba Nande.

Umuvugizi w’igipolisi cya Congo, Liyetena Jules Tshikudi, avuga ko mu bari bagabye icyo gitero hapfuyemo abarwanyi 4 abandi 4 na none bagakomereka.
Ni kenshi muri aka gace havugwa imirwano ndetse kakaba ari na kamwe mu duce twabaye isibaniro ry’imitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Congo, hakaba nta gihe gihita hadapfuye abantu.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com


