RDC: Abantu 8 baguye mu bikorwa by’imigaragambyo yo kwamagana perezida Kabila

Sangiza iyi nkuru

Mu gitondo cyo ku munsi w’ejo ku cyumweru tariki ya 31 Ukuboza 2017, muri Republika iharanira Demokarasi ya Congo habyukiye ibikorwa by’imyigaragambyo yari igamije kwamagana perezida Joseph kabila, kugeza ubu abagera ku 8 bakaba bamaze kuyigwamo.
Ibitangazamakuru bitandukanye byatangaje ko abantu 8 b’Abasivili ari bob amaze gupfa kubera ibikorwa by’urugomo biri gukorwa mu izina ry’imyigaragambyo, abandi basaga 100 bakaba bamaze gutabwa muri yombi n’inzego zicunga umutekano, mu gihe ibikorwa remezo bimaze kwangizwa ari byinshi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iyi myigaragambyo yateguwe n’abayoboke ba kiliziya Gatulika bamagana gushaka kugundira ubutegetsi kwa perezida Joseph Kabila , nyuma y’umwaka hasinywe amasezerano y’amahoro yari ahagarariwe n’abepiskopi Katolika muri kiriya gihugu.
Igipolisi ca Congo cyavuze ko hapfuye abantu 3, mu gihe reta yo yavuze ko umupolisi umwe ariwe yishwe ku murwa mukuru Kinshasa ku ikubitiro, kugeza ibi itangazamakuru rikaba ryatangaje ko abamaze kugwamo bagera ku 8.
Muri iyi myigaragambyo, humvikanye urusaku rw’amasasu, ndetse hanakoreshwa ibyuka biryana mu maso bityo bamwe mu bapfuye bakaba banarashwe .
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bose hamwe n’imiryango itegamiye kuri leta bifatanije n’abandi muri iyo myigaragambyo, yari yabujijwe n’ubutegetsi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *