RDC: Abantu bane bari barwaye Ebola baburiwe irengero nyuma y’igitero cy’abitwaje intwaro

Sangiza iyi nkuru

Umupolisi umwe yishwe naho abarwayi bane ba Ebola baburirwa irengero muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’igitero cyagabwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu ku kigo kivurirwamo Ebola cy’i Butembo nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’ubuzima muriiki gihugu.

Ni  igitero cya kabiri kigabwe ahavurirwa Ebola mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bw’igihugu mu gihe cy’iminsi itatu gikozwe n’abantu bitwaje intwaro bataramenyekana.

Aba bantu bitwaje intwaro muri ibi bitero byombi batwitse ahavurirwa Ebola ndetse bamena n’ibikoresho byifashishwa mu buvuzi.

Minisiteri y’ubuzima muri Congo ivuga ko iri gushakisha aho abarwayi ba Ebola bane batorotse muri icyo gitero cy’i Butembo baba baherereye. Bashobora kwanduza cyane iyi ndwara abandi bantu bagira aho bahurira na bo.

Abandi bantu 32 bacyekwaho kuba barwaye Ebola na bo baratorotse ubwo abantu bitwaje intwaro batwikaga iki kigo cy’i Butembo kivurirwamo Ebola nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ikomeza ivuga.

Ntibiramenyekana neza niba abagabye iki gitero barashakaga gutorocyesha abahavurirwaga.

Leta ya Congo itangaza ko ubu igiye kohereza abasirikare gucunga umutekano w’ibigo bivurirwamo Ebola. Muri aka gace k’uburasirazuba bwa Kongo kagaragaramo indwara ya Ebola, hari imitwe yitwaje intwaro ibarirwa mu macumi.

Abakora mu bikorwa by’ubuzima bagiye bahura n’ingorane yo kutagirirwa icyizere na bamwe mu batuye ako gace.

Ibiro ntaramakuru Reuters bisubiramo amagambo akubiye mu itangazo ry’ishyirahamwe ry’abaganga batagira umupaka (Médecins Sans Frontières (MSF) , rifatanya na minisiteri y’ubuzima ya Congo mu kwita kuri icyo kigo cyo kuvuriramo Ebola cy’i Butembo rivuga ko ryamaganye icyo “gitero giteye isoni”.

MSF yongeyeho ko kuri ubu, ibikorwa byayo biri kwibanda ku gucunga umutekano w’abarwayi n’abakozi bayo.

Mu ijoro ryo ku cyumweru gishize, nabwo abantu bitwaje intwaro bataramenyekana bateye ikigo kivurirwamo Ebola kiri mu mujyi wa Katwa uri bugufi y’aha i Butembo, bica umwe mu baganga bahakoraga.

Abantu barenga 550 ni bo bamaze kwicwa n’iyi ndwara ya Ebola kuva yatangazwa ko yongeye kwaduka muri Kongo mu kwezi kwa munani mu mwaka ushize wa 2018 – ku nshuro ya 10 mu mateka y’iki gihugu kuva yahagagaragara bwa mbere mu mwaka wa 1976 – kandi bisa nkaho itazahacika mu gihe cya vuba.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *