Minisiteri y’ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iratangaza ko umubare w’abamaze kwicwa n’icyorezo cya Ebola umaze kurenga 1500. Abantu bagera ku 2,239 nibo byamenyekanye ko banduye iyi ndwara.
Iyi ndwara ni iya kabiri ikaze muri Afurika imaze guhitana abantu benshi ,nyuma y’iyo muri 2014 yadutse mu bihugu byo mu burengerazuba bwa Afurika ikahica abantu bagera ku 11,300. Icyi cyorezo cya Ebola cyadutse muri Congo muri Kanama 2018.
Minisiteri y’ubuzima muri iki gihugu yakomeje ivuga ko umubare w’amaze gukira iyi ndwra ugera kuri 621. Gusa ngo hari abandi 13 bamaze kuyandura vuba aha, mu gihe abagera kuri 276 bayiketsweho barimo gukurikiranwa.
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru mwasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”grid” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Gusa n’ubwo iyi ndwara ikomeje guhitana abantu benshi, mu kwezi gushize kwa Gicurasi, ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima OMS ryavuze ko Ebola yo muri Congo atari ikibazo gikomereye isi muri iki gihe.
BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko ibice by’iganjemo Ebola muri Congo ni intara za Kivu ya ruguru na Ituri mu duce twa Beni na Katwa . Muri Ituri niho hagaragaye abarwayi benshi ndetse n’abahitanwe nayo.
Mu kwezi gushize, Ebola yageze muri Uganda mu karere ka Kasese. Imaze guhitana abantu babiri muri icyo gihugu.
Kubera uburyo iyi ndwara yandura mu buryo bwihuse, ibihugu bituranye na Congo harimo n’u Rwanda biri gushyiraho ingamba zitandukanye mu rwego rwo kwirinda ko icyi cyorezo cyagera muri ibyo bihugu. Muri zo ngamba harimo gukingira bamwe mu bakozi bakora muri serivisi z’ubuzima.


