Abantu bataramenyekana muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bashimuse abakozi babiri b’abanyamahanga b’Umuryango w’Abibumbye mu Ntara ya Kasai yo hagati nk’uko byatangajwe na leta y’iki gihugu.
Abo bakozi bashimuswe ni; Micheal Sharp ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Zaida Catalan ukomoka muri Suede.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iyi nkuru dukesha BBC iravuga ko aba banyamahanga bashimuswe bari kumwe n’Abanyekongo bagera kuri bane ahitwa Ngombe, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’igihugu.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Leta ya Congo rikaba rivuga ko abakoze iki gikorwa cyo gushimuta abantu bataramenyekana ndetse ntiryanasobanuye igihe ibi byabereye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


