Abashinwa batatu bakora mu birombe by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo baburiwe irengero kuva ku Cyumweru aho bikekwa ko bashimuswe n’inyeshyamba nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Mbere n’igisirikare.
Bamwe mu basirikare ba FARDC boherejwe mu gace baheruka kugaragaramo bwa nyuma ngo babashakishe nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa gisirikare muri Ituri, Lt. Jules Ngongo.
Nk’uko bitangazwa na Radio Okapi, aba Bashinwa batatu bakora mu bucukuzi bwa zahabu, mu kirombe gicukurwamo n’Abashinwa, baburiye ahitwa Itendey, ahantu hari ibirombe by’amabuye biherereye mu Murenge wa Banyali Kilo, muri Teritwari ya Djugu.
Nk’uko uyu muvugizi wa gisirikare yabitangaje, ngo Aba bashinwa bashobora kuba barashimuswe n’inyeshyamba za CODECO, umwe mu mitwe y’inyeshyamba ikorera muri iyi ntara.
Uyu mutwe w’inyeshyamba witwaje intwaro wiganje mu Ntara ya Ituri, uvuga ko urwanirira Abaturage bo mu bwoko bw’Abalendu.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


