RDC: Abashinwa 3 n’Umunyekongo bakurikiranweho kwica umucuruzi w’Umushinwa

Sangiza iyi nkuru

Abashinwa batatu n’Umunyekongo barashinjwa ubwicanyi no kwambura amadorari hafi ibihumbi magana atandatu . Aba bashakishwaga kuva mu mpera z’Ukuboza gushize n’inzego z’umutekano, bafashwe n’inzego z’umutekano bashyikirizwa ubuyobozi kuri uyu wa Kabiri itariki ya 10 Mutarama 2023 muri Kolwezi .

Uyu muyoboro uvugwa ko ari mafiya ngo wishe umucuruzi w’Umushinwa ku itariki ya 30 Ukuboza mbere yo kwiba Amadolari 590.000. Abashinzwe umutekano bashoboye gufata imbunda nyinshi baba barakoresheje mu bugizi bwa nabi bwabo.

Ubujura bwaviriyemo uwo muturage w’Umushinwa witwa Zheng kwicwa, bivugwa ko bwashyizwe mu bikorwa n’inshuti ze, Wang Yon Xu na Cheng Zing Dan. Uyu wa nyuma ngo yari yaramaze guhungira i Lubumbashi mbere yo kuboneka, agafatwa akagarurwa muri Kolwezi.

Uyu mugambi ngo yari yawuteguranye na mugenzi we, Whang Hui n’Umunyekongo, Abdalah, kandi n’amafaranga yari yibwe yarabonetse nk’uko iyi nkuru dukesha Mediacongo.net ivuga.

Hagati aho, Komanda w’akarere ka gisirikare ka 22 Gen. Gnanga Smith, washyikirijje abashinjwa umuyobozi w’intara, avuga ko umutekano n’amahoro biza imbere y’ibindi.

Ati “ Ni umutekano w’abantu n’ibyabo biba biduhangayikishije. Bitewe n’ubushobozi bw’ubutasi bwa serivisi z’umutekano zacu, twafashe abo bagizi ba nabi n’imbunda zabo,”

Uyu yongeyeho ko ipereza rikomeje kugirango hamenyekane n’abandi baba bagize ako gatsiko k’abagizi ba nabi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *