Abashinwa babiri n’Umukongomani kuri iki Cyumweru bishwe n’inyeshyamba za Mai-Mai ubwo zateraga ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Bihombo, muri Teritwari ya Mambasa muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Umuyobozi w’iyi teritwari akavuga ko byabaye nyuma y’uko izi nyeshyamba zihanganye n’abashinzwe umutekano bari bashinzwe kurinda aha hantu.
Ni igitero cyagabwe ahagana saa moya ku isaha yo muri Congo. Amakuru aturuka mu buyobozi akaba avuga ko inyeshyamba zibarirwa muri 20 za mai-Mai zinjiye muri kariyeri icukurwamo amabuye y’agaciro ziri kuririmba. Ngo zahise zinjira ahari inyubako za sosiyete Kimia-Mining y’Abashinwa.
Umuyobozi wa Teritwari ya Mambasa akavuga ko mu kurasana n’abashinzwe umutekano bari bashinzwe kurinda iyi sosiyete, hangiritse ibintu byinshi nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ikomeza ivuga.
Abashinwa babiri barimo uwari umuyobozi mukuru w’iyi sosiyete ndetse n’umuturage umwe w’Umunyekongo bahise bicwa. Amakuru agakomeza avuga ko hari n’ibiro bigera muri 50 bya zahabu n’amafaranga Atari makeya inyeshyamba zahise zitwara nyuma yo kumena umutamenwa byari bibitsemo.
Mu gusubira inyuma zihunga, amakuru ava muri sosiyete sivile aravuga ko izo nyeshyamba mu nzira zanasambanyije umugore ku ngufu.
Abasirikare ba Congo n’abandi bagize komite y’umutekano muri aka gace, bahise bajya ahabereye imirwano gushaka amakuru ya nyayo y’uko ibintu byagenze nk’uko iyi nkuru isoza ivuga.


