RDC: Abasivili babiri bishwe abandi umunani baburirwa irengero

Sangiza iyi nkuru

Abasivili babiri bishwe abandi 8 baburirwa irengero nyuma y’igitero inyeshyamba za ADF zagabyemu ijoro ryo kuwa gatanu ushize mu giturage cya Mukoko, muri Teritwari ya Beni mu birometero nka 30 ugana mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’umujyi wa Beni.

Igitero cya Mukoko kikaba cyarabaye ahagana saa 17:30 ku isaha yo muri Congo. Amakuru ava mu nzego z’umutekano ajya guhura n’ava muri sosiyete sivile aravuga ko inyeshyamba za ADF zateye ibirindiro bya gisirikare biri muri iki giturage cya Mukoko.

Igisirikare cyahise gisubiza byihuse nk’uko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga. Cyabashije gusubiza inyuma icyo gitero nyuma y’imirwano ikomeye yamaze nk’amasaha abiri.

Umwanzi yateye position ya gisirikare ariko kubw’ibyago hari abasivili 8 babuze n’abandi bantu babiri bishwe ako kanya barimo umugore n’umugabo. Habaye kurasa mu kubuza kwigumura kw’abaturage bashakaga gutwara imirambo y’abantu bishwe ku biro bya teritwari ya Oicha ”, uyu ni Noella Muliwavyo, perezidante wa sosiyete sivile ya Beni.

Iki gitero gishya cya ADF muri Teritwari ya Beni cyabaye mu gihe umugaba mukuru wa FARDC yari akiri mu butumwa muri iki gice.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *