Kuva ku isaha ya saa mbiri za mu gitondo kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 15 Gicurasi 2026, ubutegetsi bwa Kinshasa bwategetse kohereza kajugujugu nyinshi z’intambara zitwaje ibisasu byinshi zivuye i Kalemie kugira ngo zigire uruhare mu bitero bikomeje biri kwibasira Minembwe no mu turere tuyikikije.
Izi ngufu za gisirikare zongerewe ku ntwaro zimaze igihe zikoreshwa mu turere dutuwe cyane twa Minembwe, zirimo indege zitagira abapilote, intwaro za rutura, hamwe n’indege za Sukhoi-25.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rivuga ko ibi bitero bikomeye bya gisirikare byemeza ko ubutegetsi bwa Kinshasa bugamije gusiba Minembwe ku ikarita no kurimbura abaturage bayo, bwizeye ko buzakingirwa ikibaba n’ibihugu bimwe na bimwe bigize Umuryango Mpuzamahanga.
AFC/M23 yongeyeho ko iyi myumvire yo kudahana, iterwa n’ubufatanyacyaha bwo hanze ndetse no guceceka kw’amahanga, bitera Kinshasa ingufu zo gukomeza ibikorwa byayo byica abaturage b’inzirakarengane.
AFC/M23 yongeye gushimangira ko yiyemeje bidasubirwaho kurengera no kurinda abaturage b’abasivili mu buryo bwose bushoboka.


