Abasirikare icyenda ba FARDC bo ku rwego rwa ofisiye kuri uyu wa Kane, itariki 22 Nyakanga batawe muri yombi by’agateganyo bafungirwa muri Gereza ya Bunia, aho bakurikiranweho kunyereza amafaranga yagenewe ibikorwa bya gisirikare muri Ituri muri ibi bihe iyi ntara irimo kuyoborwa n’igisirikare.
Mu batawe muri yombi harimo ba colonel batandatu ba FARDC, barimo komanda wungirije ushinzwe ubuyobozi mu karere ka 32 ka gisirikare, ushinzwe imibereho na serivisi zo gukunda igihugu, babiri bakuriye serivise z’ubutasi muri aka karere ka gisirikare no mu bikorwa bya gisirikare muri Ituri ndetse n’umuyobozi w’intara ushinzwe ibikoresho bya gisirikare.
Muri iri tsinda kandi harimo ufasha visi guverineri, washyizweho mu rwego rw’ibi bihe intara iyoborwa n’igisirikare, umukoloneli wo mu gipolisi (PNC), umu major n’umu kapiteni ba FARDC.
Umushinjacyaha wa gisirikare mu rukiko rwa gisirikare rwa Ituri, avuga ko aba basirikare bakurikiranweho ibyaha byo kunyereza amafaranga, hatatangajwe umubare wayo, yari agenewe gukoreshwa mu bikorwa bya gisirikare byo kugarura umutekano muri iyi ntara.
Iyi nkuru dukesha Radio Okapi iravuga ko itabwa muri yombi ry’aba basirikare rije nyuma y’iperereza ryakozwe guhera mu ntangiriro z’iki cyumweru n’umugenzuzi mukuru wa gisirikare, Gen. Gabriel Kumba Amisi uzwi nka “Tango Fort” uri mu butumwa bw’ubugenzuzi muri iyi ntara guhera kuwa Mbere, itariki 17 Nyakanga.
Umucamanza wa gisirikare Col. Joseph Makelele, ku rundi ruhande aravuga ko abafashwe bose bakibarwa nk’abere kuko iperereza kuri iyi dosiye rigikomeje. Yavuze ko gusa ikigamijwe ari uguca agatsiko ka ba mafiya kavugwa muri FARDC muri Ituri ari nayo mpamvu hari gukorwa ubugenzuzi.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


