Abasirikare babiri bafite amapeti yo ku rwego rwa ofisiye ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana.
Ku wa Gatandatun tariki ya 16 Kamena 2018, nibwo abo bantu bakekwa ko ari inyeshyamba barashe aba basirikare mu gitero cyagabwe ku nkambi ya gisirikare iherereye i Ruzirantaka, muri Teritwari ya Masis.
Nk’uko Radiyo Okapi ibitangaza, abo bofisoye bishwe ni Majoro Ombeni hamwe n’undi musirikare wari ufite ipeti rya Liyetona ariko utatangajwe amazina, bakaba barishwe barimo kwinjira mu nkambi i Ruzirantaka.
Iki kinyamakuru gitangaza ko kitabashije kuvugana n’umuvugizi w’ingabo muri aka gace, ariko kikaba gitangaza ko imirambo y’aba basirikare yajyanwe mu buruhukiro mu gihe hagikorwa iperereza.
Muri Nzeri 2017, nabwo ngo igipolisi cy’i Ruzirantaka cyagabweho igitero n’inyeshyamba, nyuma y’imirwano yahabereye, byarangiye zihasahuye intwaro ebyiri.


