RDC: Amabandi yitwaje imbunda ayogoje Umujyi wa Bukavu yishe abantu bane

Sangiza iyi nkuru

Ku mugoroba wo kuwa Gatandatu ushize, itariki 30 Mutarama, abantu bane, barimo umugore n’umwana we, bishwe n’ibisambo byitwaje intwaro mu Mujyi wa Bukavu, muri Kivu y’Amajyepfo.

Abantu batatu biciwe mu gace ka Camp Régie muri Komini ya Ibanda, naho undi yicirwa mu gace ka Kasali, muri Komini ya Kadutu.

Umuyobozi w’aka gace ka Camp Régie, Akilimali Dieudonne, avuga ko abantu bitwaje intwaro binjiye mu bubiko barasa umugore n’umwana we n’undi musore wo muri aka gace. Aba uko ari batatu bahise bapfira aho.

Uyu muyobozi yongeyeho ko abo bagizi ba nabi basize imbunda ebyiri ubwo abantu bahururaga batabaye.

Ati: “Amabandi yitwaje intwaro yaje gusahura ububiko (dépôt). Hari ahagana saa 18h48. Biciye abantu batatu aho. Abasore batabaye imbunda ebyiri ziratorwa. Umubare w’abapolisi wongerwe mu gace kacu.”

Ku rundi ruhande, umusore w’imyaka 17 nabwo yishwe n’abantu bitwaje intwaro kuri uwo wa Gatandatu mu kindi gitero cy’amabandi mu gace ka Kasali ahagana saa 18h30.

Perezida wa Sosiyete Sivile ya Kadutu, Hypocrate Marume, yabwiye 7SUR7.CD dukesha iyi nkuru, ko ayo mabandi yitwaje intwaro yateye boutique akanakomeretsa abantu babiri barimo umumotari.

Yatangaje kandi ko amasaha macye mbere yaho nka saa 14h30, abandi bantu babiri bakomerekejwe mu kindi gitero cy’amabandi yitwaje intwaro ku muhanda wa Buholo 2, muri Komini Kadutu n’ubundi.

Uyu yakomeje avuga ko ikibazo cy’umutekano mucye gikomeje gufata intera mu Mujyi wa Bukavu, aho byibuze buri munsi, amazu na za boutique biterwa n’amabandi yitwaje imbunda, ugasanga imirambo itoragurwa hirya no hino y’abaturage b’inzirakarengane.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *