Ubuyobozi bukuru bw’igisirikare cya Congo, FARDC bwashyizeho igihembo cy’amadolari 1000 ku muntu uwo ariwe wese uzabasha kubona abashinjwa kwica impuguke ebyiri z’umuryango w’abibumbye nyuma yo gutoroka gereza.
Ku wa Kabiri tariki ya 7 Gicurasi 2019, nibwo imfungwa zatorotse gereza Nkuru ya Kananga mu Ntara ya Kasa௠yo Hagati, muri izo mfungwa harimo abitwa à‰variste Ilunga Lumu na Tshiaba Kanowa bashinjwa kwica impuguke za Loni zari mu kazi muri Congo.
Umugenzuzi mukuru mu gisirikare cya Congo, Lt Gen Tim Mukuntu Kiyana arizeza uwabona aba bantu ko yahembwa aya madolari ya Amerika 1000. Yagize ati “Ihunga rya Ilunga Lumu ryashegeshe cyane urukiko, nizeje igihembo cya 1000$ ku muntu wese wadufasha kubona aba bahunze”. Ibi akaba yabitangarije imbere y’itangazamakuru mu biro bye i Kananga, nk’uko Actualitecd kibitangaza.
Impuguke ebyiri za Loni zishwe ni Micheal Sharp na Zaida Catalan, bakomoka muri Suede na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Umwe mu bashinzwe ibikorwa byo guharanira amahoro muri Loni, Florence Marchal, yavuze ko uku gutoroka kw’abashinjwa kwica izi mpuguke kwerekana amakosa ari mu rwego rw’ubutabera bwa Congo.


