RDC:Amatora asize ibikomere birimo urupfu n’inkomere ibinyacumi byiganjemo abapolisi

Sangiza iyi nkuru

Umunsi w’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabaye tariki 20/12/2023, wasize muri Bunia, mu Ntara ya Ituri, umuntu umwe ahasize ubuzima abandi 11 barakomereka bikomeye.

Ibi byaturutse ku myigaragabyo yabaye ubwo hari hamaze gufungurwa site y’Amatora, mu masaha ya mu gitondo , aho bamwe batigeze batora kubera akavuyo kagaragaye.

Amakuru avuga ko abigaragambyaga urebye ari abagiye bakurwa mu byabo kubera Intarambara bakaba bari bimuye ziriya site aho zari zigenewe bazijana mugace gaherereye kuri ISP.

Ibi bikaba byarafashwe nk’imbarutso y’izo mvururu zaguyemo umuntu umwe abandi 11 bagakomereka.

Abatanze amakuru bavuga ko mu bakomeretse barimo abapolisi icyenda (9), n’abasivile ba biri(2), naho umusore uri mu kigero cy’imyaka 16 akaba ariwe wapfuye.

Kuva iyo myigaragambyo site y’Amatora yahise ifungwa ndetse n’ibikoresho by’ifashishwa mu matora byiganjemo ibikoresho bya CENI biramenagurwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *