Col Joseph Mitabu Rushimisha wo mu ngabo za Congo, wari ukurikiranweho gufata ku ngufu umwana w’umukobwa ukiri muto, yatorortse Gereza ya Munzenze iri mu Mujyi wa Goma, aho umugenzuzi mukuru yemeza ko ari ugutoroka kwateguwe ndetse hatawe muri yombi bamwe mu bakekwaho uruhare muri iki gikorwa.
Uyu musirikare mukuru wa FARDC wahoze ashinzwe ubuyobozi n’ibikoresho muri regiment ya 3413 ikorera Rutshuru, ngo yavuye muri gereza kuwa gatatu ushize agiye kwivuza Ku bitaro bya Heal Africa aho yagombaga kuvurirwa ku busabe bw’umwe mu baganga ba gereza. Amakuru ava mu bugenzuzi bukuru akavuga ko koherezwa kuri ibi bitaro byakozwe bitazwi n’umugenzuzi mukuru ndetse n’abayobozi ba gereza.
Kuri ibi bitaro bya Heal Africa, Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga ko ari ho Col Rushimisha yateguriye umugambi wo gutoroka, aho ngo yashutse umupolisi wari umurinze akamujijisha mbere yo gusohoka mu bitaro mu ijoro ryo kuwa kane ari kumwe n’umurwaza we.
Bivugwa ko aba basohotse mu bitaro bakajya hafi y’ibitaro bakajya mu kabutike bagiye gufata icyo kunywa mu gihe uyu mupolisi yari hanze amucunze. Ngo nyuma y’amasaha bari gufata icyo kunywa, Rushimisha ngo yarasohotse asanga wa mupolisu amuha inoti y’amadolari 10 amusaba kujya kumutegereza ku bitaro.
Uyu mupolisi ngo yumviye Col Rushimisha ajya kumutegereza ku bitaro kugeza bukeye kuwa gatanu mu gitondo ataragaruka ku bitaro ndetse kuva icyo gihe ntiyongeye kugaragara.
Ubugenzuzi bukuru bushimangira ko uku gutoroka kwateguwe neza ndetse bukavuga ko abakekwaho kubigiramo uruhare batawe muri yombi, mu gihe umuryango wa Col Rushimisha wo usaba ko umuntu wabo bamubona agacibwa urubanza hakurikijwe itegeko nshinga.
Kanda Subscribe kuri Bwiza TV ujye ubona videwo zigezweho z’ubuzima,imikino,imyidagaduro…


