Colonel Eddy Kapend, wahoze wegereye ndetse agahamwa n’icyaha cyo kugira uruhare mu iyicwa ry’uwahoze ari perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Laurent Desire Kabila, we na bagenzi be basaga 20 bahawe imbabazi n’umukuru w’igihugu babasha gusohoka muri gereza bari bamaze imyaka hafi 20 bafungiyemo.
Usibye Col. Kapend, uwahoze ari umukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubutasi (ANR), Georges Leta, nawe ari mu bafunguwe kuri uyu wa Gatanu nubwo atabashije kwitabira ibirori byari byateguwe kubera uburwayi.
Laurent-Désiré Kabila, yiciwe mu biro bye ku itariki 16 Mutarama 2001, yishwe n’umwe mu bari bashinzwe kumurinda. Uyu nawe yahise yicwa akimara kwica Kabila.
Minisitiri w’ubutabera wungirije wa Congo, Bernard Takaishe, yatangaje ko Perezida Tshisekedi yatanze imbabazi “kubw’impamvu za kimuntu, ariko izo mbabazi zitazahanagura ibyaha bahaniwe”.
Ati: “Icyemezo nka kiriya ni ukubera gusa ko dushaka gusubiza igihugu ku murongo no kuzana amahoro mu Banyekongo.”
Mu mpera z’umwaka ushize wa 2020 nibwo Perezida Tshisekedi yahaye imbabazi abahamijwe kugira uruhare mu rupfu rw’uwahoze ari umukuru w’igihugu, L. D. Kabila, se wa Joseph Kabila yasimbuye ku butegetsi.
Radio Mpuzamahanga y’Abadage, DW, ivuga ko iki cyemezo Tshisekedi yanagifashe nyuma yo gusesa ihuriro ryari ku butegetsi yari ahuriyemo na Joseph Kabila ku itariki 06 Ukuboza 2020.
Umwarimu mu bumenyi bwa politiki muri Kaminuza ya Liège, Bob Kabamba, avuga ko iki cyemezo gishobora no kuba imbarutso yo kongera gufungura urubanza ku iyicwa rya L. D. Kabila, we avuga ko rikiri urujijo.
Benshi mu Banyekongo bemeza ko abahaniwe iki cyaha nta ruhare bagize mu rupfu rwa Kabila ahubwo bazize akagambane k’ababuteguye ba nyabo.
Eddy Kapend, wari na mubyara wa Kabila, yakunze kuvuga ko ari umwere, kandi mu myaka yashize abaharanira uburenganzira bwa muntu bagiye bakunda kujya impaka ku rubanza rwe bagasaba ko urubanza rwasubirwamo.
#RDC: “tous les assassins de Laurent Désiré Kabila, les traîtres, les commanditaires…sont tous en liberté, ne sont en prison que les innocents”, Eddy kapend, le 16 janvier 2018 [vidéo] pic.twitter.com/ZlSzCkfyN2
— Stanis Bujakera Tshiamala (@StanysBujakera) January 3, 2021


