Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwatanze umwanzuro ku rubanza ku iyicwa ry’impuguke za Loni, Umunyamerika Michael Sharp, na Zaida Catalan, wari ufite ubwenegihugu bwa Suede na Chili.
Aba bishwe muri Werurwe 2017 ubwo barimo gukora iperereza ku ihohoterwa ryabereye mu Ntara ya Kasai nyuma y’imyivumbagatanyo y’imitwe yitwara gisirikare ya Kamwina Nsapu, yahagaritswe n’inzego z’umutekano.
Uru rubanza rw’ubujurire ari na rwo rwa nyuma, rwakatiye abaregwa 54 bose bahamwe n’ibyaha by’intambara n’ubwicanyi igihano cy’urupfu, ugereranije na 49 bari bakatiwe iki gihano mu rwego rwa mbere.
Iki cyemezo kirapfundikira urubanza rumaze hafi imyaka icyenda y’imiburanishirize y’imanza, harimo enye za nyuma muri zo zaburanishirijwe i Kinshasa imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare.
Mu bakatiwe harimo abayobozi benshi b’inyeshyamba za Kamwina Nsapu, mu bakoze ubwo bwicanyi, na Colonel Jean de Dieu Mambweni, umusirikare mu Ngabo za Congo nk’uko inkuru dukesha mediacongo.net ivuga.
Ku rwego rwa mbere, Colonel Mambweni yari yakatiwe igifungo cy’imyaka icumi gusa kubera kubura ibimenyetso. Mu bujurire, urukiko rwemeje ko ari we wataye mu mutego impuguke kandi rwemeza ko akatiwe igihano cy’urupfu.
Icyaha cy ‘“uburemere budasanzwe”
Nk’uko iki cyemezo kibivuga, impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, Michael Sharp na Zaida Catalan zafatiwe ku itariki ya 12 Werurwe 2017, ku kiraro cyo ku mugezi uri hafi y’Umudugudu wa Moyo-Musila, aho bajyanywe n’ababayoboraga b’Abanyekongo.
N’ubwo bagaragaye ko ari impuguke, bashinjwe kuba abagambanyi hanyuma bamujyanwa mu gihuru, aho barasiwe mbere y’uko uyu mugore wo muri Suede acibwa umutwe.
Bamwe mu baregwa bahamwe n’icyaha cyo kugira uruhare mu gutegura ubwo bwicanyi, abandi byagaragaye ko bagize uruhare mu bwicanyi, mu gihe abandi bagize uruhare rutaziguye cyangwa bagize uruhare rukomeye mu bwicanyi bwombi.


