Igisirikare cya Republika iharanira Demokarasi ya Congo kiravuga ko kivuganye inyeshyamba 4 za ADF ndetse kikabohoza n’abantu bane bari bafashwe bugwate n’uyu mutwe w’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Uganda. Ni mu gikorwa cya gisirikare cyabereye mu burasirazuba b’igihugu kuri uyu wa Kabiri, itariki 12 Gashyantare.
Umuvugizi wa FARDC muri Beni, Major Mak Hazukay, zakoze iki gikorwa zisubiza igitero cyari cyagabwe n’inyeshyamba za ADF, umutwe ushinjwa kwica abasivili amagana nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ikomeza ivuga.
Major Mak Hazukay akomeza avuga ko ingabo za leta zafashe abarwanyi bane ba ADF, zikabohoza abandi bantu bane bari bagizwe imbohe mu gikorwa cyabereye ahitwa Mamove, mu birometero hafi 50 ugana mu burengerazuba bwa Beni.
Yavuze ko ingabo za leta zafashe imiti yari yasahuwe n’izi nyeshyamba mu bitaro, ibirwanisho ndetse n’ipikipiki. Ni mu gihe kugeza ubu ngo akarere ka Manove kari kirinze ibitero by’umutwe wa ADF.
Bivugwa ko umutwe wa ADF ukorera gice cyo muri Kivu y’Amajyaruguru gihana imbibe na Uganda. Hari kandi ndi mitwe yitwaje ibirwanisho ikorera muri aka karere itari micye. Mu gihe cy’amezi atatu gusa, abantu 58 bakaba bamaze gusiga ubuzima mu bitero bya hato na hato byitirirwa uyu mutwe.


