Raporo y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu muri RDC, ishyira Igisirikare cy’iki gihugu (FARDC) ku mwanya wa mbere mu gukora ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu.
Ni raporo igaragaza ibikorwa byabaye hagati ya Mutarama na Kamena 2022.
Iyi raporo yerekana ko muri iki gihe habaye ibikorwa 3,471 bihonyora uburenganzira bwa muntu, ibyinshi muri byo (90%) bikaba byarabereye mu duce twibasiwe n’amakimbirane hagati y’imitwe yitwaje intwaro ndetse n’Ingabo za Congo Kinshasa.
Ririya shami rya Loni cyakora cyo rivuga biriya bikorwa byagabanutseho 6% ugereranyije n’ibyabaye mu mezi atandatu yari yabanje.
Imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Congo ni yo yihariye byinshi muri biriya bikorwa, kuko yakoze 59% byabyo na ho inzego z’umutekano za Congo zikora 41% byabyo.
Raporo yerekana ko FARDC ari yo yakoze ibikorwa byinshi bihonyora uburenganzira bwa muntu kuko yihariye 20% y’ibyakozwe byose, igakurikirwa na Polisi ya RDC ifite 15%.
Inyeshyamba zo mu mutwe wa Nyatura ni zo ziza ku mwanya wa mbere mu mitwe yitwaje intwaro yakoze ibikorwa byinshi bihonyora uburenganzira bw’abanye-Congo, kuko zakoze 13% k’ibikorwa byabaye, zigakurikirwa na ADF (10%) na CODECO (9%).
Umutwe wa M23 umaze igihe mu mirwano ni umwe mu yakoze ibikorwa bike bihonyora uburenganzira bwa muntu kugeza ubu.



2 Responses
RDC: FARDC irayoboye mu bikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu
Ibyose abazungu ngo bagire icyobabivugaho?
RDC: FARDC irayoboye mu bikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu
Ibyose abazungu ngo bagire icyobabivugaho?