RDC: FARDC irigamba kwica inyeshyamba 8 za ADF

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyatangaje ko kishe inyeshyamba 8 za ADF mu gace ka Malaya gaherereye hafi ya Boga, muri Teritwari ya Irumu, mu Ntara ya Ituri kuri uyu wa Kane, itariki 19 Kanama 2021.

Aya makuru yatangarijwe 7sur7.cd kuri uyu wa Kane ubwo yavuganaga na Lt. Jules Ngongo, umuvugizi w’igisirikare muri iyi Ntara ya Ituri.

Yagize ati “Twasubije igitero cy’inyeshyamba za ADF mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kane I Malaya. Umwanzi washakaga gufata ibirindiro bya gisirikare yahise yitabwaho byihuse. Kuri ubu imibare y’agateganyo ni inyeshyamba 8 zishwe.”

Uyu yongeyeho ko hafashwe n’ibndi biikoresho bya gisirikare birimo igisasu cya rokete.

Lt Jules Ngongo yavuze ko ibikorwa byo gushakisha umwanzi bikomeje, asaba n’abaturage gufatanya n’ingabo z’igihugu.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *