RDC: Felix Tshisekedi na Vital Kamerhe bemeranyije uko bazagabana ubutegetsi

Sangiza iyi nkuru

Abanyapolitiki, Felix Tshisekedi na Vital Kamerhe bagiye gutangariza I Nairobi itike bazagenderaho mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri Congo kuwa 23 Ukuboza 2018.

Vital Kamerhe ni Perezida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, UNC, mu gihe Felix Tshisekedi akuriye ishyaka UDPS. Aba vuba aha bagiye gutangaza ibyo bemeranyije mu biganiro byabo birebana n’imyiteguro y’amatora imbere y’itangazamakuru rya Kenya.

Amakuru agera ku rubuga, Politico.cd dukesha iyi nkuru aravuga ko aba bayobozi bombi bemeranyije kuzashyigikira umukandida umwe mu matora y’umukuru w’igihugu. Ni amasezerano azarebana na manda ebyiri (imyaka 10)nk’uko amakuru akomeza avuga.

Nk’uko ayo masezerano abiteganya, ngo ishyaka UDPS cyangwa UNC rigomba gufata ubutegetsi mu gihe batsinda amatora y’umukuru w’igihugu mu 2018, uwafashe ubutegetsi agaharira undi umwanya wa Minisitiri w’Intebe, naho mu 2023, uwafashe ubutegetsi mu 2018 abe ari we uzafata umwanya wa Minisitiri w’intebe.

Ibi bikaba bivuze ko, Tshisekedi nashyigikirwa na UNC mu matora agiye kuba, agomba kuzaha iri shyaka Minisiteri y’intebe, naho mu matora azakurikira bakazashyigikira Kamerhe. Uyu nawe mu gihe yatorwa akazaha minisiteri y’intebe, UDPS.

Aya masezerano yagezweho yatangajwe kuwa kabiri ushize n’amashyaka yombi, gusa kugeza ubu hasigaye kumenya uzabanza kandi ngo ibintu biri kugenda neza byose bikazamenyekana mu mpera z’iki cyumweru nk’uko abahaye amakuru uru rubuga bakomeza bavuga.

Felix Tshisekedi na Vital Kamerhe bari baherutse kwitandukanya n’amasezerano ya Geneve yatorewemo umukandida, Martin Fayulu nk’umukandida rusange w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ushyigikiwe na Moise Katumbi na Jean Pierre Bemba.

Kwitandukanya n’aya masezerano ngo kwateje umutingito muri politiki ya Congo mu cyumweru gishize, gusa ngo imibare y’itsinda ryitwa Berci y’uko amatora ashobora kuzagenda igaragaza ko Felix Tshisekedi ashobora kubona amajwi 36% mu matora agiye kuba, kuri 16% ya Vital Kamerhe. Kwishyira hamwe rero ngo bikaba bishobora kubaha amahirwe yo kuzegukana aya matora ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza 2018 nk’uko byongeye gushimangirwa na Kimisiyo y’igihugu y’amatora, CENI.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *