RDC: Felix Tshisekedi yatorewe kuba umukandida wa UDPS mu matora ya perezida

Sangiza iyi nkuru

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu rishyira kuri uyu wa Gatandatu, itariki 31 Werurwe Felix Tshisekedi yatorewe kuba umuyobozi w’ishyaka UDPS mu gikorwa cyabereye I Kinshasa muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, akaba asimbuye ku mugaragaro umubyeyi we, Etienne Tshisekedi witabye Imana ubu hashize umwaka usaga.
Felix Tshisekedi akaba yatorewe muri kongere y’iri shyaka agira amajwi 98% akaba yasimbuye se Etienne Tshisekedi wanashinze iri shyaka wapfiriye mu Bubiligi mu mpera za 2016.
Amatora akimara kurangira, abitabiriye kongere ya UDPS banafashe umwanzuro wo kugira Felix Tshisekedi umukandida w’iri shyaka mu matora ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka.
Nyuma yo gutorwa nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ikomeza ivuga, Felix Tshisekedi yafashe ijambo ahamagarira abarwanashyaka kugira ubumwe ndetse no kwihanganirana. Aya matora ariko ngo akaba yabaye mu gihe  n’izina ry’ishyaka rikiri kugibwaho impaka aho bamwe bifuza kurihindura.
Impande zitavuga rumwe kuri iri zina akaba ari uruyobowe na Felix tshisekedi ndetse n’urundi ruyobowe na minisitiri w’intebe, Bruno Tshibala.
 
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *