Guverinoma ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yamaze gufata icyemezo cyo gufunga inkambi y’agateganyo y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR iri muri Teritwari ya Walungu. Abantu 190 bayibagamo bimuriwe mu zindi nkambi 2 zitandukanye.
Ku ikubitiro, kuwa Gatatu, itariki 21 Ugushyingo abagera kuri 11 muri aba bahoze muri FDLR bemeye gutaha ku bushake bahise boherezwa ku mupaka wa Congo n’u Rwanda n’urwego rwa Monusco rushinzwe gusubiza mu buzima busanzwe no gucyura abahoze mu mitwe yitwaje ibirwanisho ruzwi mu magambo ahinnye y’Igifaransa nka DDRRR.
Nyuma yaho, Monusco yahise ishyikiriza ku mugaragaro Guverinoma ya Congo iyi nkambi yari imaze imyaka igera kuri ine icunze nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ikomeza ivuga. Umuyobozi w’ibikorwa bya Sokola 2 akaba yahise yishingira kwimura ku ngufu abari basigaye.
Ni muri urwo rwego abagera kuri 41 bahoze muri FDLR n’abandi 138 bo mu miryango yabo bahise binjizwa ku ngufu mu makamyo y’igisirikare cya Congo, FARDC yari aparitse imbere y’inkambi nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga.
Umuvugizi wa FARDC muri Kivu y’Amajyepfo akaba yemeza ko aba bimuriwe ahandi hantu ngo hagire ibibanza kuzuzwa mbere yo kubohereza mu Rwanda.
Sosiyete sivile ya Walungu ikaba ivuga ko yishimiye igenda ry’aba bahoze ari abarwanyi ngo bari barabaye umuzigo ku baturage gakondo kuva mu 2015.


