RDC: Hamenyekanye icyateye umusirikare kurasira abantu mu kiriyo

Sangiza iyi nkuru

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira iryo ku Cyumweru tariki ya 18 Ugushyingo 2018, nibwo umusirikare wa Leta ya Congo yagiye ahaberaga ikiriyo amisha urufaya rw’amasasu mu bantu bari mu kiriyo, bamwe barapfa abandi barakomereka.

Ibi byabereye i Tshikapa, muri Komini ya Kanzala,  Intara ya Kasa௠muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ubuyobozi bukaba buvuga ko byakuruwe n’uko yari amaze gufata umugore we amuca inyuma.

RDC: Umusirikare yarashe abantu  bari mu kiriyo

Umuyobozi wa Komini Kanzala byabereyemo, Laurent Kambulu yatangarije Radiyo Okapi ko uyu musirikare yishe abantu bane, abarasiye mu kiriyo, aho uyu musirikare yagiye akurikiye umugore we, nyuma yo gutungurwa no kumusangana  n’undi mugabo bakora imibonano mpuzabitsina.

Uyu mugore we n’umugabo basambanaga, ngo bahungiye ahari hateraniye abantu benshi bari mu kiriyo, aha ngo akaba ariho uyu musirikare yabasanze afite umujinya, ahera ko amisha urufaya rw’amasasu mu kivunge cy’abantu.

Uyu muyobozi akomeza avuga ko, abantu batatu bahise bapfira aho, abandi batandatu barakomereka, nyuma ubwo inkomere zajyanwaga kwa muganga, umwe muri batandatu bari bakomeretse nawe yashizemo umwuka.

Meya avuga ko yaje kumenya amakuru y’uko umusirikare yatawe muri yombi, ngo akaba agomba gukurikiranwa mu butabera bwa gisirikare, ubu ngo akaba afungiye muri kasho ya gisirikare y’i Tshikapa.

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Inline Related Posts” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”grid” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *