RDC: Haravugwa abitwaje intwaro binjiye mu ishyamba rihana imbibi n’u Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Hari amakuru ko hari itsinda ry’abantu bitwaje intwaro ryinjiraga muri Pariki ya Virunga, ihana imbibi n’u Rwanda, rinyuze mu Kiyaga cya Edourd muri Kivu ya Ruguru kuwa Gatandatu tariki ya 5 Ukuboza 2020.

Amakuru yagarutsweho n’ibitangazamakuru muri Congo-Kinshasa avuga ko aka gatsiko k’abitwaje intwaro kinjiye mu ishyamba rya Virunga byaketsweko kagizwe n’abanyekongo bivanze n’abanyamahanga.

Bizwi ko ubusanzwe agace ka Vitshumbi gasanzwe kibasirwa n’imitwe yitwaye intwaro nka Mai-Mai, Nyatura,FPP ABAJYAMUGAMBI na (FDLR).

Abaturage bavuga ko umutekano wabo uba wugarijwe buri gihe kabone n’ubwo hari ingabo zishinzwe umutekano mu Kiyaga cya Eduard, bo banemeza ko zidafite ubushobozi bwo guhangana n’iyi mitwe yitwaje intwaro ibarizwa muri Kivu y’Amajyaruguru .

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *