Kuri uyu wa Gatanu ingabo za Congo, FARDC zasubije inyuma ibitero bibiri by’inyeshyamba bikekwa ko ari izo mu mutwe wa ADF mu giturage cya Nadwi no ku kigo cya GARLIC, mu birometero byibuze 50 ugana mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’umujyi wa Beni, ho muri Kivu y’Amajyaruguru. Umuvugizi w’ibikorwa bya Sokola 1 yavuze ko inyeshyamba 3 zishwe hagakomereka abasirikare bacye.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ngo hari ahagana saa kumi n’imwe ku isaha yo muri iki gihugu, ubwo inyeshyamba bikekwa ko ko ari iza ADF zateraga icya rimwe igiturage cya Nadwi n’ikigo cya gisirikare cya GARLIC nk’uko amakuru ava mu gisirikare avuga, ingabo za leta zifatanyije na Monusco zikaba zabashije gusubiza inyuma ibi bitero.
Biravugwa ko ariko izi nyeshyamba zasubijwe inyuma nyuma y’imirwano ikaze cyane yamaze isaha irenga, bikaba ngombwa ko Monusco inazana za kajugujugu z’intambara. Amakuru akaba avuga ko izi nyeshyamba zashakaga kwigarurira iki giturage zigasahura ibyo kurya, ndetse zikanasahura amasasu n’imiti muri icyo kigo cya gisirikare.
Nk’uko uyu muvugizi wa Sokola 1, Capt. Mak Hazukay yabitangaje, ngo muri iyo mirwano inyeshyamba 3 zishwe, imbunda 4 zirafatwa, naho abasirikare 4 ba leta barakomereka. Yakomeje yizeza ko ubu ahantu hari hatewe hatekanye.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iyi nkuru dukesha Radio Okapi iravuga ko iki kigo cya gisirikare giherereye ahitwa Kambi ya Miba, ari kimwe mu byahoze ari indiri y’inyeshyamba za ADF zakubiswe inshuro muri Kanama n’ingabo za Congo zifashijwe na Monusco.
Ibi bitero kandi ngo byaje nyuma y’ibyumweru bibiri ahitwa Kainama hiciwe umusirikare wa leta undi arakomeretswa. Ingabo za leta nazo zikaba zarivuganye inyeshyamba 3 zikanafata imbunda imwe.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


