Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko ubwoba ari bwinshi mu batuye Umujyi wa Bunia usanzwe ari umurwa mukuru w’Intara ya Ituri, nyuma y’uko ukomeje gusatirwa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa CODECO.
Radio Okapi yavuze ko inyeshyamba za CODECO (CoopĂ©rative pour le dĂ©veloppement du Congo) zashinze ibirindiro ahitwa Ezekere muri 10Km uvuye i Bunia naho iz’umutwe wa FPIC (Force Patriotique et IntĂ©grationniste du Congo) bafatanya ku wa Gatandatu zikaba zarageze ahitwa Lengabo, muri 5KM uvuye muri uriya mujyi.
Iyi radio y’Umuryango w’Abibumbye ivuga ko ibi byateye ubwoba abaturage, ndetse bamwe bakaba bamaze guhunga Bunia isanzwe ituwe n’abaturage hafi miliyoni imwe.
Umwe mu banyamakuru bakorera kimwe mu bitangazamakuru bikorera muri uriya mujyi yabwiye BBC ko bamwe mu barwanyi b’izi nyeshyamba “baracengeye muri uyu mujyi” kandi kubivugaho bisanzuye bishobora kubashyira mu kaga.
Ati: “Njyewe n’abandi banyamakuru babiri twatewe ubwoba. Ntabwo ibintu bimeze neza.”
Radio Okapi ku rundi ruhande ivuga ko umukuru wa polisi muri uyu mujyi wa Bunia avuga ko umutekano ucunzwe neza, agasaba abantu kujya mu mirimo yabo bisanzuye.
Izi nyeshyamba zongereye ibikorwa byazo hafi ya Bunia mu minsi micye ishize, nubwo ingabo za leta zagerageje kuzirwanya.
Mu mezi ya Gashyantare, Werurwe na Mata 2022 ndetse na mbere yaho bwo inyeshyamba za CODECO zashinjwe ibikorwa by’ubwicanyi bw’indengakamere ku basivile muri iyi ntara ya Ituri.
Muri Kamena uyu mutwe uvuga ko urengera abo mu bwoko bw’aba Lendu wagiranye amasezerano na leta ya gisirikare ya Ituri wemera gushyira intwaro hasi no guhagarika ubugizi bwa nabi.
Kuva mu kwezi gushize cyakora cyo wongeye kumvikana ushinjwa ubwicanyi mu bice by’iyi ntara ya Ituri.


