bitmap_1200_nocrop_1_1_20231205014423647424_IMG-20231204-WA0064

RDC: Ihuriro C64 riravuga ko ryamaze gukusanya ibimenyetso bishinja Tshisekedi

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 8 Kamena, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri RDC, Delly Sesanga, mu kiganiro kuri Space ya X cyateguwe n’umunyamakuru Stanis Bujakera, yagize icyo avuga ku bijyanye n’isubikwa ry’itangwa ry’ikirego ihuriro C64 riteganya kurega umukuru w’igihugu, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bashinja gukorera coup d’etat Itegeko Nshinga.

Sesanga yemeza ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bafite “igisasu,” kandi ko ihuriro rya C64 ryashoboye gukusanya “ibimenyetso byinshi” biryemerera kurushaho kwimbika no gusobanura ikirego cyaryo, ku bijyanye no gushaka gukuraho ibiteganywa n’itegeko nshinga.

Ati: “Dufite ibimenyetso birenze ibyo twari twiteze. Kubera ko ibiro n’inzego za Leta biyobowe na Tshisekedi bihumeka kandi bikavuga”.

Yongeyeho ko ihuriro rye ririmo gukora ku bimenyetso bizatuma Félix Tshisekedi ahamwa n’ubugambanyi bukabije. Ariko kugeza igihe bizagaragara ukundi, C64 ntabwo yasobanuye urukiko iteganya gushyikiriza ikirego cyayo.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Mbere, itariki ya 8 Kamena, Ihuriro ryiyemeje kurinda ingingo ya 64 y’itegeko nshinga (C64) ryatangaje ko ryiyemeje “gusubika ikirego cyarwo hagamijwe gushyiramo ingingo nshya n’ibimenyetso byagaragaye mu minsi yashize, ndetse n’inyandiko zindi zegeranijwe vuba aha.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *