Umuvugizi w’ingabo za Uganda ziri ku rugamba rwo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Major Peter Mugisha yatangaje ko amakamyo n’intwaro ziremereye byabo byaheze mu nzira kubera imihanda mibi.
Nk’uko tubikesha The Observer, Maj. Mugisha yabitangarije mu kiganiro yagiraniye n’itangazamakuru mu gace ka Bundibugyo ku wa 3 Ukuboza 2021 cyari cyerekeye ibi bitero ingabo za Uganda zizwi nka UPDF zatangije tariki ya 30 Ugushyingo zifatanyije n’iza RDC, FARDC.
Iyi mihanda yatumye UPDF ishinga ibirindiro mu gace ka Mukakati muri Kivu y’Amajyaruguru, kari mu bilometero 18 ugana ku birindiro bya ADF; Maj. Mugisha yemeza ko ari kure.
Yagize ati: “Ubwo rero UPDF yashyize ibirindiro mu gace kitwa Mukakati, ni ko ibitero byayo biri guturukamo kubera ko imihanda ari mibi; ntabwo yatuma imashini zacu zikomeza.”
Uyu musirikare yavuze ko birasaba ko aya makamyo n’izi ntwaro bizakurwa hano muri Mukakati byibuze nyuma y’icyumweru, ubwo ishami rya UPDF rishinzwe gutunganya imihanda rizaba ryamaze kuhategura, bakabona kwegera ibirindiro bya ADF.



