RDC: Imirwano hagati y’imitwe 2 y’inyeshyamba yatumye abaturage bata ingo zabo

Sangiza iyi nkuru

Ingo zibarirwa muri Magana zo mu gace ka Nyamaboko ya 2 muri Teritwari ya Masisi ho muri Kivu y’Amajyaruguru zatawe na ba nyirazo kuva ku Cyumweru gishize, itariki 26 Werurwe nyuma y’imirwano yongeye kubura hagati y’imitwe ibiri y’inyeshyamba.

Umutwe w’inyeshyamba witwa; Alliance des patriotes pour un Congo libre et souverain (APCLS) uyobowe na Janvier Kalahire n’abandi bakorana nawo bahanganye n’undi mutwe witwa Force de défense du Congo (FDC) w’uwihaye ipeti rya General witwa Lohanda.

Mu gitondo kare kuri uyu wa Mbere ushize, amakuru avuga ko imirwano yakomereje amasaha macye hagati y’iyi mitwe ahitwa Busurungi.

Abarwanyi ba FDC bakaba barakuwe mu biturage byose bari barimo nk’uko byatangajwe n’umukozi wa guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Julien Paluku.

Guhangana hagati y’iyi mitwe nk’uko Radio Okapi ivuga ngo kukaba kumaze iminsi micye gutangiye nyuma y’aho uyu wiyise General Lohanda yirukaniye uwari umwungirije.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Uyu wirukanwe ngo akaba yarahise yiyunga ku gatsiko ka Bahati gakorana bya hafi na APCLS bagaba ibitero ku nyeshyamba za FDC, bazikura mu birindiro byinshi zari zarigaruriye.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko hashize imyaka myinshi muri aka gace ka Nyamaboko ya 2 nta gisirikare cya leta kihagera. Ibi ngo imitwe yitwaje ibirwanisho ikaba ibyuririraho igakora ibyo ishaka nk’uko byakomeje bitangazwa n’uhagarariye guverineri w’intara muri ako gace.

Abakeneye ko bwiza.com yazabasura, n’igihe mukeneye ko hari ibitangazwa mu binyamakuru byayo wakwandika kuri E-mail ya meckypro@gmail.com,cyangwa mugahamagara kuri 0784685981.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *