RDC: Imirwano hagati y’umutwe wa Mai Mai n’ingabo za leta yaguyemo 7

Sangiza iyi nkuru

Umusirikare umwe wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo n’abandi 6 bo mu mutwe wa Mai Mai baguye mu mirwano yahuje aba bombi ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 28 Ukuboza 2017 mu gace ka Kasindi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Imirwano hagati y’aba barwanyi n’igisirikare cya Congo yakajije umurego kuva mu ntangiriro za 2017 aho wasangaga ari zo gigaba ibitero ku gisirikare cya leta mu duce tumwe na tumwe.
Iyi mirwano yabereye mu gace ka Kasindi aho abaturage ba RDC bakora ibikorwa by’ubucuruzi ndetse bakaba banahafite ububiko bw’ibicuruzwa biturutse muri Uganda.
Umuvugizi w’aka karere kabereyemo imirwano, Lieutenant Jules Tshikudi yagize ati « Tubabajwe cyane n’urupfu rw’umusirikare wacu waguye mu mirwano ndetse na bagenzi be 3 bakomeretse ariko na bo basize 6 mu babo ari imirambo. »
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Kugeza ubu hagaragaye agahenge nyuma y’urusaku rw’amasasu igisirikare cya Congo kikaba cyatangaje ko umutekano uri kubungwabungwa neza.
Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ni kimwe mu bihugu byo muri Afurika gifite amashyamba yabaye indiri y’abagizi ba nabi n’imitwe yitwaje intwaro guhera mu myaka yashize, intambara y’amoko n’ibindi.
Muri ibyo bikorwa byose, intara ya Kivu ya ruguru, iza ku isonga mu kuba isibaniro ry’imirwano ya hato na hato hagati y’imitwe y’abarwanyi runaka, abitwaje intwaro n’ingabo za leta, ubwicanyi bukorerwa abaturage, intambara hagati y’abaturage ubwabo, gushimutana n’ibindi.
umutwe wa Mai-Mai ni umwe mu mitwe yubatse izina muri ariya mashyamba guhera mu myaka yashize, cyane cyane mu ntambara ya Kabiri yo muri Congo 1998-2003.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *