RDC: Imirwano ikomeye yaguyemo 12 abandi barimo colonel barakomereka

Sangiza iyi nkuru

Abantu 12 muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bishwe kuri uyu wa Gatatu ubwo inyeshyamba z’uwitwa Kamwina-Nsapu zageragezaga kwinjira mu mujyi wa Kananga, umurwa mukuru wa Kasa௠yo Hagati. aya makuru yatanzwe n’igipolisi n’abatangabuhamya kuri uyu wa 22 Nzeri, anavuga ko abandi bantu benshi bakomeretse.

Biravugwa ko agatsiko k’inyeshyamba zigera kuri 50 za chef Kamwina-Nsapu, ziganjemo insoresore zagaragaye hafi y’ikibuga cy’indege nka saa tanu z’amanywa bituma ibikorwa muri uyu mujyi bihita bisa nk’ibihagaze.

Izi nsoresore ngo zikaba zaragendaga ziririmba mu rurimi rw’I Tshiluba bagira bati: “Buloba ebu buikala buenu” bisobanuye mu Kinyarwanda ngo: “Ubu butaka ni ubwanyu”.

airial-view-of-kananga
Ifoto yo mu kirere y’umujyi wa Kananga

Iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga ko ibi byakurikiwe n’imirwano yahuje izi nyeshyamba n’ingabo z’igihugu, nyuma y’akanya gato k’imirwano inyeshyamba zikizwa n’amaguru. Uyu muyobozi wazo Kamwina-Nsapu ngo akaba aherutse kwicwa mu kwezi gushize kwa Kanama.

Mu gutatana zihunga, zimwe muri izi nyeshyamba zirutse zigana ahitwa Tubuluku, izindi zerekeza kuri Ntambwe Saint Bernard. Aha rero ngo akaba ari ho ingabo za leta zabashije kwicira inyeshyamba 8. Undi musore utabashije kumenyekana nawe ngo yiciwe Kananga 2.

Aba uko ari icyenda bapfuye, biyongereye ku bandi banyeshuri batatu bishwe mugitondo, umubare ugera ku bantu 12 bishwe.

Ku mpande zombi kandi ngo hakomeretse abantu benshi, barimo komanda wa polisi, Col. Tshimpanga kuri ubu uri kuvurirwa mu Bitaro by’Intara biri Kananga.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *