RDC: Imodoka z’abasivili 16 zatwitswe bamwe barapfa abandi baburirwa irengero

Sangiza iyi nkuru

Inyeshyamba za ADF kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 01 Nzeri 2021 zatwitse imodoka 16 z’abasivili mu gico zari zateze ku muhanda numero 4 uhuza Luna na Komanda, mu gace ka Ofaye, muri Sheferi ya Walese-vonkutu, muri Teritwari ya Irumu, mu Ntara ya Ituri, aho bivugwa ko abantu bane bapfuye abandi bakaburirwa irengero.

Aya makuru yemejwe n’umuyobozi wa w’iyi Sheferi, Antibo Yofesi ubwo yavuganaga ku murongo wa telephone na 7sur7.cd dukesha iyi nkuru.

Ati “hari mu masaha ya mbere ya saa sita ubwo amakuru yatugeragaho. Kuri ubu, gushakisha birakomeje ngo tubone abantu baburiwe irengero…”

Andi makuru aturuka aha avuga ariko ko imodoka nyinshi zatwitswe n’izi nyeshyamba ndetse hashobora kuba hari abantu bahasize ubuzima.

Christophe Munyanderu, umuhuzabikorwa w’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu witwa CRDH (convention pour le respect des droits humains) we yagize ati “Ibintu ntibirasobanuka hano. Inyeshyamba zatwitse imodoka 16, amavatiri 14 n’amakamyo 2. Abantu basaga 50 bari muri izo modoka baburiwe irengero. Hari n’abantu bapfuye,”

Uyu akomeza avuga kandi ko imodoka zatwitswe zari ziherekejwe n’abasirikare ba MONUSCO ndetse n’aba FARDC hatavugwa uko bitwaye muri iki kibazo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *