Muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo hamaze iminsi ibihuha ku buzima bw’umukuru w’igihugu, Felix Tshisekedi. Ibinyamakuru byo mu Bubiligi nka La Libre Afrique byatangaje ko ubuzima bwe butifashe neza nyuma yo kubagwa umutima, ariko ibi byatewe utwatsi na guverinoma na perezidansi.
Mu rwego rwo guhumuriza guverinoma ye ndetse n’abaturage ku bijyanye n’ubuzima bwe, Perezida Tshisekedi yagize atya kuwa Gatanu afata ijambo ari I Buruseli, mu nama y’abaminisitiri avuga ku rugendo rwe mu Bubiligi. Yahakanye ko yigeze abagwa mu buryo ubwo ari bwo bwose.
“Perezida wa Repubulika, umukuru w’igihugu, yagize icyo avuga bitunguranye ari I Buruseli, agaruka ku gihe cye mu Bwami bw’u Bubiligi. Perezida wa Repubulika yamenyesheje abagize guverinoma ko nyuma yo kwisuzumisha ku bitaro kabuhariwe,” uyu ni Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya.
Yongeyeho ko umukuru w’igihugu yisuzumishije indwara yitwa ‘hernie discale’ ifata mu rutirigongo ahagana hasi kandi yitaweho neza n’abaganga nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga.
Muyaya ati “ Rero ntabwo yigeze abagwa. Yatangaje ko azagaruka mu gihugu mu cyumweru gitaha kandi azayobora nk’umukuru w’igihugu inama y’abaminisitiri yo ku itariki 18 Werurwe. Yahamagariye abaturage ba Congo kwirinda gukoreshwa na bimwe mu binyamakuru na laboratwari zifite imigambi itari myiza.”


