RDC: Impunzi z’Abarundi zanze kwibaruza mu buryo bugezweho kubera imyemerere

Sangiza iyi nkuru

Impunzi z’abarundi zisaga 2.100 zicumbikiwe mu Nkambi ya Kamanyola muri Teritwari ya Walungu, ho muri Kivu y’Amajyepfo zanze kwibaruza hakoreshejwe uburyo bugezweho ( enregistrement biométrique ) butuma ababashinzwe babasha kumenya aho baherereye mu rwego rwo gutuma bagezwaho imfashanyo mu buryo bworoshye. Ibi ngo izi mpunzi zikaba zibiterwa n’imyemerere yazo.

Nk’uko byatangajwe na bwana Augustin Bulimuntu, ukuriye komisiyo ishinzwe impunzi ya Congo (CNR) muri Bukavu, ngo izi mpunzi zanze kwibaruza nyuma y’uko iyi komisiyo akuriye ifatanyije na HCR bari baganirije izi mpunzi inshuro zigera kuri ebyiri zisabwa kwemera kubarurwa ariko ziranga ziratsemba.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Umuvugizi w’izi mpunzi, Denis Nyandwi, akaba yabwiye itangazamakuru ko imyemerere y’izi mpunzi mu idini rya Ezebia itazemerera kwibaruza muri ubu buryo bugezweho.

Komisiyo ya Congo ishinzwe impunzi ikaba yemeza ko izi mpunzi zibangamiye itegeko ryo kuwa 16 Ukuboza 2002 rigenga impunzi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu ngingo yaryo ya 36 ivuga ko umuntu wese cyangwa impunzi isaba ubuhungiro muri iki gihugu agomba kubahiriza amabwiriza ahabwa n’ubuyobozi bw’imbere mu gihugu hagamijwe kubungabunga umutekano rusange w’igihugu.

Kubera izi mpamvu rero, ngo izi mpunzi z’Abarundi zishobora gutakaza statut y’ubuhunzi, ndetse zikaba zanabura imfashanyo zitandukanye zagenerwaga n’imiryango itandukanye nk’uko byemezwa na Bulimuntu.

Muri Nzeri uyu mwaka nibwo impunzi z’Abarundi aha muri Kamanyola n’ubundi zagiranye ibibazo n’abashinzwe umutekano, izigera kuri 36 ziricwa izindi nyinshi zirakomereka.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *