RDC: Inyeshyamba 11 n'umusirikare wa FARDC baguye mu mirwano yabahuje

Sangiza iyi nkuru

Imirwano yahuje inyeshyamba za Mai-Mai n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaguyemo abantu 12 barimo 11 ku runde rw’inyeshyamba n’umusirikare wa Leta umwe.

Ni imirwano yabereye mu mugi wa Butembo uri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, utuwe n’abantu bagera kuri miliyoni imwe, uri mu Ntara ya Ituri imaze iminsi ishegeshwe n’icyorezo cya Ebola cyahitanye abarenga 1000.

Kubera imirwano yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, imirimo y’amatsinda y’abavuzi barwanya iki cyorezo yahagaritswe. Abaturage ba hano bakaba bavuga ko imirwano muri aka gace yatangiye saa kumi n’imwe z’igitondo ikamara igihe kigera ku isaha imwe.

Umuyobozi w’umugi wa Butembo, Sylvain Kanyamanda yatangaje ko umuntu umwe ku ruhande rw’ingabo za Leta ari we wapfuye.

Uruhande rw’ingabo za Leta rwemeza ko aba Mayi-Mayi 11 ari bo bishwe mu bari bateye umugi wa Butembo bagasubizwa inyuma.

Nyuma y’iyi mirwano, abantu benshi mu mugi wa Butembo bahisemo kuguma mu ngo zabo uyu munsi nk’uko umunyamakuru wigenga uriyo yabibwiye BBC.

Muri uyu mugi wibasiwe na Ebola, abarwanyi bitwaje intwaro nabo bibasiye ibigo bifasha abarwaye iyi ndwara, mu byumweru bibiri bishize umuganga ukomoka muri Kameruni waje mu butumwa bwa OMS/WHO kurwanya Ebola yarishwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *