RDC: Inyeshyamba 3 za Maà¯-Ma௠zaguye mu mirwano yazihuje n’abapolisi

Sangiza iyi nkuru

Inyeshyamba 3 zo mu mutwe wa Maà¯-Ma௠kuri uyu wa Mbere, itariki 31 Ukwakira, ziciwe mu karere ka Mangina muri Beni ho muri Kivu y’Amajyaruguru, mu mirwano yazihuje n’abapolisi aho amakuru aturuka aha avuga ko guhangana gukunze kubaho iyo hahigwa agatsiko k’abarwanyi b’uyu mutwe ngo kagenda gashyira za tatouages ku bana b’ingimbi bo muri iyi komini.

[ad id=”44145″]

Nk’uko byatangajwe n’umugenzuzi wa polisi muri Teritwari ya Beni, Col. Jean-Pierre Wumbi, imirwano hagati ya polisi n’inyeshyamba ngo yadutse ubwo agatsiko k’inyeshyamba kageragezaga kubohoza abarwanyi bako bafashwe.

Uyu mupolisi mukuru akaba yavuze ko inyeshyamba 3 zishwe, izindi 3 nazo zigafatwa, naho umupolisi umwe akaba ari we wakomeretse ubwo habaga kurasana hagati ya polisi n’inyeshyamba nk’uko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga.

[ad id=”44145″]

maimai fighter

Umuryango utegamiye kuri leta uharanira guteza imbere amahoro, demokarasi n’uburenganzira bwa muntu (CEPADHO), uvuga ko gushyira tatouages ku nsoresore muri Teritwari ya Benin na Lubero biteye impungenge ko haba hari gushingwa undi mutwe w’inyeshyamba nk’uko bivugwa n’umuyobozi wawo, Omar Kavota.

K anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *